Tubahaye ikaze mu isomo ry’ikoranabuhanga ku Mahame Ngengamyitwarire yateguriwe by’umwihariko abanyamakuru, abategura ibitambutswa ku mbugankoranyamgaba n’abandi bakora ibifitanye isano n’itangazamakuru mu Rwanda. Isomo rikomatanyije ryateguwe ku bufatanye n’Urwego rushinzwe kugenzura imyitwarire y’abanyamakuru mu Rwanda –RMC (Rwanda Media Commission), kandi gutanga ibyangombwa ku banyamakuru n’ibigo by’itangazamakuru biri mu nshingano zarwo.
Muri iki gihe isi igenda itera imbere cyane, abanyamakuru n’abakora ibifitanye isano n’itangazamakurubafite uruhare rukomeye mu gutegura ibiganiro mbwirwaruhame, kumenyesha abaturage, no kubahiriza amahame y’umwuga w’itangazamakuru. Hamwe no kwiyongera kw’imbuga nkoranyambaga n’akamaro kanini k’ibitambutswa hifashishijwe murandasi, abakora mu itangazamakuru bakeneye guhora bajyana n’igihe bakoresha ibikoresho bigezweho, tekiniki, kandi hitabwa ku myitwarire ya kinyamwuga mu itangazamakuru no mu bitangazamakuru bikoresha murandasi.
Iri somo ry’ikoranabuhanga ryagenewe abaryitabiriye bafite ubumenyi bwa ngombwa, ubumenyingiro, n’ubushobozi kugira ngo uruhare rwabo nk’abanyamakuru n’abakora ibifitanye isano n’itangazamakurumu Rwanda rube indashyikirwa. Iri somo rikubiyemo amasomo akubiyemo ingingo z’ingenzi z’itangazamakuru, itangazamakuru rikorera kuri murandasi, hamwe n’ibitekerezo by’imyitwarire, kugira ngo abahugurwa basobanukirwe byimazeyo inshingano zabo n’imikorere myiza mu mwuga wabo.
Isomo nirisozwa neza, abarikurikiye ntibazuzuza gusa ibyangombwa bisabwa n’Urwego rushinzwe imyitwarire y’abanyamakuru -RMC ahubwo bazaba bafite n’ubushobozi bwo imikorere y’itangazamakuru igenda neza, gukora inkuru zujuje ubuziranenge, no kubahiriza amahame mbonezapfura mu kazi kabo.
Dutangire urugendo rwo kwiga no guteza imbere ubunyamwuga kugira ngo tuzamure ubumenyingiro bwanyu kandi bigire uruhare mu iterambere itangazamakuru n’abakora mu itangazamakuru mu Rwanda.