Iyi Nyoboranyigisho igamije guha umusomyi ibintu bibiri:
1. Umusogongero urambuye n’ibisobanuro by’ibyo ukwiye kwitega mu gihe wiga itangazamakuru/isakazamakuru
2. Isesengura ry’imbitse n’imirongo nyobozi ku ngingo nyamukuru mu mategeko agenga itangazamakuru byisunze ingero zo kwigiraho kandi bigakomoza ku mategeko
Inyoboranyigisho ku mategeko agenga itangazamakuru mu Rwanda igenewe mbere na mbere gukoreshwa nk'igitabo cy'amasomo cyunganira ibiganiro byigisha itangazamakurungiro no gufasha abarikorera mu Rwanda baturuka hanze yarwo.
Ikirango 'Inama' (!) kigaragaza ibice byingenzi bigomba kwitabwaho kuri buri ngingo.
Buri gice kibumbiyemo utu duce dukurikira:
- Inshoza y ‘icyigisho, ibigamjwe by’ingenzi n’ibice by’ingenzi
- Ibyitezwe mu isomo
- Ingero (Ibyemezo by’inkiko aho bikwiriye)
- Isuzumabumenyi
- Incamake y’inama ku makuru y’ingenzi no kwibutsa ingingo nyamukuru z’amategeko hashingiwe ku ngero zifatika.
Iyi Nyoboranyigisho ifite ibice bitandatu:
Igice cya mbere: Iki gice gisobanura imiterere y’amategeko y’u Rwanda. Kigamije gufasha usoma kugira ubumenyi bukwiye no gusobanukirwa imiterere y’amategeko y’u Rwanda n’isoko y’amategeko.
Igice cya Kabiri (2) cyerekeye kugenzura itangazamakuru, kigasobanura icyo ibi bivuze n’amahame ashingirwaho mu kugenzura itangazamakuru mu gihugu kigendera kuri demokarasi. Kigaragaza inzego zitandukanye zigenzura itangazamakuru mu Rwanda kandi kigasesengura ibyo bahuriyeho n’ibyo batandukaniyeho. Iby’ingenzi biri muri iki gice birimo itandukaniro riri hagati y’ububasha bushingiye ku mategeko bwo kugenzura itangazamakuru bufitwe n’ urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) n’uburyo bwo kwigenzura bushyirwa mu bikorwa binyuze mu rwego rw’abanyamakuru bigenzura.
Ibice bitatu (3) byerekeye ibijyanye no kurengera izindi nyungu rusange mu gihe twubahiriza ubwisazure bw’itangazamakuru. Izo nyungu rusange zirimo kurinda uburenganzira bwite bw’abantu, burimo ubwo kugira icyubahiro n’ubuzima bwite nk’uko biteganywa n’amategeko agenga gusebanya n’ayo kurinda amakuru bwite (Igice cya 3) Ibyo bice binasuzuma ibyerekeye kurengera uburenganzira ku mutungo bwite mu by’ubwenge by’umwihariko ku burenganzira bw’abahanzi (Igice cya 5).
Igice cya 4 gisesengura ingingo z’inyungu rusange zerekeye kurinda umudendezo rusange, imigenzo myiza n’ubuzima rusange.
Igice cya 6 gisuzuma amategeko agamije korohereza abanyamakuru mu kazi kabo. Cyibanda ku byerekeye amategeko yo kurinda ibanga ry’ababahaye amakuru n’ayerekeye kubona amakuru.
Imigereka iriho amwe mu mategeko ya ngombwa, Ibyemezo by’inkiko n’izindi nyandiko mpuzamahanga zifitanye isano no gusobanukirwa neza n’amategeko agenga itangazamakuru mu Rwanda.